Umunsi wa 15: Umutima Wahindutse

Iminsi 40 y’Umubatizo wa Mwuka Wera June 8, 2023
Audio by Pr. Umuremye Jolay Paul, Revival and Reformation Department, Rwanda Union Mission

Nzabaha n’umutima mushya, mbashyiremo umwuka mushya, nzabakuramo umutima ukomeye nk’ibuye, mbashyiremo umutima woroshye. Kandi nzabashyiramo umwuka wanjye, ntume mugendera mu mateka yanjye, mugakomeza n’amategeko yanjye mukayasohoza. Ezekiyeli 36:26-27.

Umutima w'umuntu ushobora kuba ubuturo bw'Umwuka Wera. Amahoro ya Kristo arenze intekerezo abasha gutura mu bugingo bwawe, kandi n'imbaraga Ye ihindura ishobora gukorera mubugingo bwawe, maze bikagutunganiriza kuba mu ngoro z'icyubahiro. Ariko niba ubwonko, imitsi n'imikaya byose bikoreshwa mugukorera inarijye, ntabwo uba ugize Imana n'ijuru nyambere mubuzima bwawe. Ntibishoboka kubaka ubuntu bwa Kristo mu mico yawe mugihe ushyira imbaraga zawe zose kuruhande rw'isi.

Ushobora guhirwa muburyo bwo kurundanya ubutunzi kwisi, kubwicyubahiro cyawe; ariko “aho ubutunzi bwawe buri ni ho umutima wawe uzaba.” (Matayo 6:21). Gutekereza kuby'iteka ryose bizahabwa umwanya wa kabiri. Ushobora kugira uruhare mubigaraga muburyo bwo gusenga, ariko umurimo wawe uzaba ikizira ku Imana yo mw'ijuru. Ntushobora gukorera Imana na mamoni. Uzegurira umutima wawe
kandi ushyire ubushake bwawe kuruhande rw'Imana, cyangwa uzarundurira imbaraga zawe mu gukorera isi. Imana ntizemera umurimo uturutse ku mutima witanze igice.

“Itabaza ry’umubiri ni ijisho. Nuko rero ijisho ryawe iyo rirebye neza, n’umubiri wawe wose ugira umucyo.” (Luka 11:34). Niba ijisho riri ryonyine, niba ryerekejwe mu ijuru, umucyo w'ijuru uzuzura ubugingo, kandi ibintu byo ku isi bizagaragara ko bidafite agaciro kandi bidahawe umwanya. Intego yumutima izahinduka, kandi imiburo ya Yesu izumvirwa. Uzashyira ubutunzi bwawe mu ijuru.
Ibitekerezo byawe bizerekezwa kubihembo bikomeye by'iteka. Gahunda zawe zose zizakorwa zerekeza ku hazaza, ubuzima budapfa.

Uzerekeza ku butunzi bwawe. Ntabwo uzibanda ku nyungu zawe zisi, ahubwo mubyo ugambirira byose ikibazo cya bucece kizaba iki ngo “Mwami n’iki wifuza ko nakora?” (Ibyakozwe n’Intumwa 9:6). — (RH, January 24, 1888).

Bitekerezeho:

1. Ni ayahe masomo afatika ukura muri iki cyigisho?

2. Icyifuzo cyawe ni kugira umutima wahindutse?

3. Ni mu buhe buryo ushobora guhindura umutima wawe?

Ibyo gusengera :

1. Kubatizwa na Mwuka Wera
2. Kugirango Imana izane ububyutse mu buzima bwawe no mu Itorero
3. Kugira imitima yahindutse
4. Buri muntu uri kurutonde rwabo usengera
5. Gahunda y'ivugabutumwa ya ECD Impact 2025

The Baptism of the Holy Spirit e1685370200482

Contents

Ijambo ry’Ibanze

Umunsi wa 1: Igikenewe kuruta ibindi

Umunsi wa 2: Impano ihebuje izindi

Day 3: Thorough Reformation

Umunsi wa 4: Kugenzura Umutima no Kwisuzuma

Umunsi wa 5: Bahuje Umutima

Umunsi wa 6: Gushaka ubwumvikane

Umunsi wa 7: Kumva ko dukeneye Mwuka

Umunsi wa 8: Gushyira Inarijye Kuruhande

Umunsi wa 9: Gukingura umutima

Umunsi wa 10: Kumena ibiri mu kibindi

Umunsi wa 11: Kubyarwa Ubwa Kabiri

Umunsi wa 12: Abasangiye kamere y’Imana

Umunsi wa 13: Ibumba mu biganza by’umubumbyi

Umunsi wa 14: Amagufa yumye asubizwamo ubuzima

Umunsi wa 15: Umutima Wahindutse

Umunsi wa 16: Iminwa Yera

Umunsi wa 17: Intekerezo zivuguruwe

Umunsi wa 18: Inarijye Irabambwa

Umunsi wa 19: Ibitekerezo Byahinduwe

Umunsi wa 20: Uburakari burahoshwa

Day 21: Revival at Pentecost

Day 22: Unlimited Supply of Missionary Spirit

Day 23: A New Pentecost

Day 24: A Special Bestowal of Spiritual Grace

Day 25: Full Impartation of the Spirit

Day 26: No Specific Time

Day 27: Without Excitement

Day 28: In Unexpected Ways

Day 29: To Unexpected People

Day 30: Often Rejected

Day 31: Beware of Resisting

Day 32: Fear of Witnessing Gone

Day 33: The Greatest Work on Earth

Day 34: The Light of the World

Day 35: The salt of the Earth

Day 36: Ambassadors of Christ

Day 37: Cooperation with Divine Power

Day 38: Laborers Together with God

Day 39: All Members Called to be Missionaries

Day 40: Even Children May Share

Tanga Ibitekerezo

Your email address will not be published. Required fields are marked *