Umunsi wa 16: Iminwa Yera

Iminsi 40 y’Umubatizo wa Mwuka Wera June 8, 2023
Audio by Pr. Umuremye Jolay Paul, Revival and Reformation Department, Rwanda Union Mission

Arinkoza ku munwa arambwira ati “Dore iri rigukoze ku munwa, gukiranirwa kwawe kugukuweho, ibyaha byawe biratwikiriwe.” Yesaya 6:7.

Kubw’impano ze mvajuru, Uwiteka yatanze uburyo buhagije kubantu be. Umubyeyi wo ku isi ntashobora guha umwana we imico yera. Ntashobora kwimurira imico ye ku umwana. Imana yonyine niyo ishobora kuduhindura. Kristo yahumekeye abigishwa be, agira ati: “Nimwakire Umwuka Wera.”(Yohana 20:22).

Iyi niyo mpano ikomeye itangwa n'ijuru. Kristo yayibahaye abinyujije mu Mwuka wo kwera kwe. Yabujuje imbaraga, kugira ngo batsindishe ubugingo ubutumwa bwiza. Uhereye icyo gihe Kristo yagombaga kuba mu ntekerezo zabo, akavuga binyuze mu magambo yabo. Bagize amahirwe yo kumenya ko uhereye ubwo na bo bagomba kuba umwe. Bagomba kubahiriza amahame Ye kandi bakayoborwa na Mwuka We. Ntibari bagikurikira inzira zabo, mu kuvuga amagambo yabo. Amagambo bavugaga yagombaga kuva ku mutima wera no guturuka kuminwa yera. Ntibari bagikwiye kubaho ubuzima bwabo bwite; Kristo yagombaga kuba muri bo kandi akavuga binyuze muri bo. Yagombaga kubaha icyubahiro yari afitanye na Se, kugira ngo We na bo babe umwe mu Mana.

Umwami Yesu ni umutambyi mukuru ukomeye, utuburanira mu nkiko zo mwijuru. Umwanya wicyubahiro duhagazemo nkabasenga ntabwo ushimwa. Kubwibyiza by’ubu n’ibyiteka ryose, dukeneye kumva neza iyi sano. Niba turi abana be, duhujwe n’umurunga w’ubuvandimwe bwa Gikristo, dukundana nkuko yadukunze,

twunze ubumwe mu mibanire yera y'abogejwe mu maraso ya Ntama. Twifatanije na Kristo mu Mana, tugomba gukundana nk'abavandimwe.

Imana ishimwe ko dufite Umutambyi mukuru ukomeye, uri mwijuru, Yesu Umwana w'Imana. Kristo ntabwo yinjiye ahantu hera hakozwe n'amaboko y'abantu, ahubwo yinjiye mu ijuru ubwaryo, none ubu ari imbere y'Imana kubwacu. Kubw’amaraso ye, yinjiye rimwe by'iteka ahantu hera ho mw'ijuru, amaze kutubonera gucungurwa by'iteka. —General Conference Bulletin, October 1, 1899, fourth quarter 1899.

Bitekerezeho:

1. Ni ayahe masomo afatika ukura muri iki cyigisho?

2. Waba wicuza kubwo kubabaza umuntu ukoresheje amagambo mabi?

3. Ryaba ari isengesho ryawe ko Umwuka Wera agenga iminwa yawe?

Ibyo gusengera :

1. Kubatizwa na Mwuka Wera
2. Kugirango Imana izane ububyutse mu buzima bwawe no mu Itorero
3. Kugira ngo Imana yeze iminwa yacu
4. Buri muntu uri kurutonde rwabo usengera
5. Gahunda y'ivugabutumwa ya ECD Impact 2025

The Baptism of the Holy Spirit e1685370200482

Contents

Ijambo ry’Ibanze

Umunsi wa 1: Igikenewe kuruta ibindi

Umunsi wa 2: Impano ihebuje izindi

Day 3: Thorough Reformation

Umunsi wa 4: Kugenzura Umutima no Kwisuzuma

Umunsi wa 5: Bahuje Umutima

Umunsi wa 6: Gushaka ubwumvikane

Umunsi wa 7: Kumva ko dukeneye Mwuka

Umunsi wa 8: Gushyira Inarijye Kuruhande

Umunsi wa 9: Gukingura umutima

Umunsi wa 10: Kumena ibiri mu kibindi

Umunsi wa 11: Kubyarwa Ubwa Kabiri

Umunsi wa 12: Abasangiye kamere y’Imana

Umunsi wa 13: Ibumba mu biganza by’umubumbyi

Umunsi wa 14: Amagufa yumye asubizwamo ubuzima

Umunsi wa 15: Umutima Wahindutse

Umunsi wa 16: Iminwa Yera

Umunsi wa 17: Intekerezo zivuguruwe

Umunsi wa 18: Inarijye Irabambwa

Umunsi wa 19: Ibitekerezo Byahinduwe

Umunsi wa 20: Uburakari burahoshwa

Day 21: Revival at Pentecost

Day 22: Unlimited Supply of Missionary Spirit

Day 23: A New Pentecost

Day 24: A Special Bestowal of Spiritual Grace

Day 25: Full Impartation of the Spirit

Day 26: No Specific Time

Day 27: Without Excitement

Day 28: In Unexpected Ways

Day 29: To Unexpected People

Day 30: Often Rejected

Day 31: Beware of Resisting

Day 32: Fear of Witnessing Gone

Day 33: The Greatest Work on Earth

Day 34: The Light of the World

Day 35: The salt of the Earth

Day 36: Ambassadors of Christ

Day 37: Cooperation with Divine Power

Day 38: Laborers Together with God

Day 39: All Members Called to be Missionaries

Day 40: Even Children May Share

Tanga Ibitekerezo

Your email address will not be published. Required fields are marked *