Uyu munsi wabaye ku itariki 17/3/2025. Insanganya matsiko mpuzamahanga yawo yari “Kugendana Kwizera”. Uyu munsi wabanjirijwe n’ibikorwa by’abana byo kwita ku bidukikije batera ibiti kandi bakora isuku mu rwego rwo gutozwa kuba ingirakamaro. Ku munsi nyirizina w’abato byabaye agahebuzo.
Abana n’ababyeyi babo bari bateguwe neza, mu mpuzankano nziza no mu myiyereko byerekanaga ko bateguwe. Guhera muri gahunda yo gutangira isabato, abana nibo bari bayoboye agahunda. Bayoboye gahunda yo gutangira isabato, bayobora ishuri ro ku isabato n’agahunda yo kuramya.
Hakozwe igiramo cya nyuma y’amateraniro yo kuramya cyaranzwe n’indirimbo, amasomo, imivugo, udukino, akarasisi, kwinjiza abanyamuryango basha mu cyiciro, gukata keke n’ibindi bikorwa byo kugararaza ko banejewe no gukorera Imana.
Amafoto
















2 comments
Imana ihimbarizwe ibyo yakoze, nibyo ikomeje gukoresha abana bayo, nabayobozi babana Imana ikomeze kwagura ubwenge bwabo!
Nibyiza cyn turabashimiye